Perezida wa La Liga yatangaje amagambo yateye ubwoba abafana ba Barcelona

Perezida wa La Liga yatangaje amagambo yateye ubwoba abafana ba Barcelona

 Jun 17, 2025 - 18:32

Perezida wa La Liga, Javier Tebas, yatangaje ko Barcelona itaragera ku rwego rw'ubukungu aho ishobora gukoresha amafaranga yakuye mu kugurisha abakinnyi ikagura abandi, ibizagora iyi kipe mu kwandikisha abakinnyi.

Barcelona ni imwe mu makipe i Burayi yahuye n'ibibazo by'ubukungu mu minsi itambutse nyuma yo kugura abakinnyi bahenze ntibatange umusaruro. Abo barimo Antoine Griezmann, Philippe Coutinho ndetse na Ousmane Dembélé.

Kuva iyi kipe yakongera gufatwa na Joan Laporta mu mwaka wa 2021, yakoze uko ashoboye kose kugira ngo ikipe isubire ku murongo ndetse ibinyamakuru bimwe byari biherutse kwandika ko kuri ubu bageze ku rwego rwo kurekura umukinnyi bakinjiza undi.

Ubwo perezida wa La Liga Javier Tebas yabazwaga ku bakinnyi Barcelona iri kugura niba izashobora kubandikisha yagize ati "Ntabwo mbizi. Barcelona ntiragera ku rwego rwo gusinyisha abakinnyi byoroshye, ntabwo bari bashobora kugera ku rwego byibuze rwo kugurisha umukinnyi bakagura undi (1:1rule)."

Ibi yabibazwaga kubera ko iyi Barcelona yamaze kugura umuzamu Joan Gracia kuri €25M, kuva muri  Espanyol ndetse igeze kure ibiganiro na Nico Williams.

Perezida wa La Liga yakomeje avuga ko kuba Barcelona yagura abakinnyi ari kimwe, ariko ko kubandikisha ngo bazayikinire ari ikindi.

Barcelona umwaka ushize w'imikino ubwo yaguraga Dani Olmo mu kwezi kwa mbere byarayigoye ku mwandikisha, kimwe na Pau Víctor nubwo byarangiye bandikishijwe bikanasiga impaka n'urunturuntu mu makipe yo muri Esipanye.

Joan García umuzamu Barcelona yamaze gusinyisha imukuye muri RCD Espanyol

Nico Williams arifuzwa n'ikipe ya Barcelona ku nshuro ya kabiri