Kapiteni w'ikipe y'igihugu ya Argentine Lionel Messi, abona ikipe y'igihugu y'Ubufaransa na Brazil ariyo makipe abiri akomeye kurenza ayandi azitabira igikombe cy'isi cya 2022 kizabera muri Qatar ku buryo yanagitwara.
Lionel Messi avuga ko ibihugu nka Brazil, Ubudage, Ubufaransa, Ubwongereza na Esipanye bihora mu bihugu bihabwa amahirwe yo kwegukana igikombe cy'isi, ariko avuga ko Ubufaransa na Brazil birusha abandi bose amahirwe yo kwegukana ikigiye kubera muri Qatar.
Brazil ni imwe mu makipe ahabwa amahirwe na Messi mu gikombe cy'isi(Net-photo)
Aganira na DIRECTV Sports, Messi yavize ati:"Buri gihe duhora tuvuga amakipe amwe akomeye...ariko, bibaye ngombwa ko mpitamo, Brazil n'Ubufaransa ni amakipe abiri afite amahirwe menshi yo kwegukana igikombe cy'isi.
"Bafite abakinnyi bamaranye igihe kinini kandi bakora neza. Ubufaransa, usibye Euros y'ubushize bakuwemo muri ⅛, bafite abakinnyi beza cyane.
"Bafite ibitekerezo bisobanutse n'umutoza mwiza. Na Brazil ni uko."
Messi ntiyigeze avuga ikipe ye ya Argentine mu makipe ahabwa amahirwe yo kwegukana igikombe cy'isi n'ubwo iyi kipe imeze neza muri iyi minsi. Usibye kuba ariyo yegukanye Copa America iheruka, iyi kipe inamaze imikino 35 itazi uko gutsindwa bisa.
Gusa n'ubwo bimeze bityo ikipe y'igihugu ya Argentine imaze iminsi inafite ibibazo by'imvune ku bakinnyi bayo bakomeye nka Paulo Dybala ukinira AS Roma na Angel Di Maria ukinira Juventus.
Argentine izakina na Leta zunze ubumwe za America mu Ugushyingo mbere gato y'uko yerekeza muri Qatar, aho umukino wa mbere mu Gikombe cy'isi bazakina na Saudi Arabia tariki 22 Ugushyingo, mu itsinda C rinarimo Mexico na Poland.
Biteganyijwe ko igikombe cy'isi kizatangira tariki 19 Ugushyingo 2022 muri Qatar, hagatangira gushakwa ikipe izacyambura Ubufaransa bwatwaye igiheruka mu Burusiya.
Ubufaransa nibwo bwatwaye igikombe cy'isi giheruka(Image:Getty)
