M23 ikomeje kwakirwa nk'umucunguzi mu bice ifata

M23 ikomeje kwakirwa nk'umucunguzi mu bice ifata

 Aug 5, 2024 - 08:21

Umutwe witwaje intwaro wa M23 ukomeje kwigarurira ibice bigari mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa, aho kuri ubu wafashe agace gashya ka Ishasha abaturage babakiriza impundu.

Ibintu bikomeje kuba bibi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya hagati y'Ingabo z'iki gihugu FARDC ndetse n'abo bafatanya barimo Wazalendo, SADC n'abandi kurwanya umutwe wa M23.

Guhera mu Cyumweru cyashize ubwo agahenge kasabwe na Leta Zunze Ubumwe z'Amerika karangiraga, M23 yatangiye gufata ibice bigari byo muri Teritwari ya Rutshuru bahirukanye ingabo za Leta.

Kuri iki Cyumweru tariki ya 04 Nyakanga, M23 ikaba yarongeye gufata agace ka Ishasha gaherereye ku mupaka uhuza Congo-Kinshasa na Uganda, aho bahirukanye imitwe irimo Wazalendo yahagenzuraga.

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakwira amashusho agaragaza M23 yinjira muri Ishasha abaturage bakabakirana ubwuzu, uyu mutwe nawo ukabasezeranya kubarindira umutekano, ndetse avuga ko aho uri amahoro ahinda.

M23 yafashe Ishasha nyuma y'uko yigaruriye akandi gace ka Nyamilima, undi mugi muto uherereye muri Gurupoma ya Binza muri Rutshuru.

Ni nyuma kandi y'uko uyu mutwe witandukanyije n'ikiganiro byahuje u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo guhagarika intambara, aho M23 yemeza ko ibyo bitayireba kuko iyo nama nta ruhare yayigizemo.