Lionel Messi yashyizeho uduhigo dushya asiga mukeba we Cristiano Ronaldo

Lionel Messi yashyizeho uduhigo dushya asiga mukeba we Cristiano Ronaldo

 Sep 15, 2022 - 06:40

Igitego Lionel Messi yaraye atsinze muri UEFA Champions league, cyatumye aba umukinnyi wa mbere umaze gutsinda akipe menshi atandukanye muri iri rushanwa.

Mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatatu nibwo Lionel Messi yafunguye amazamu ku ruhande rwa PSG, nyuma aha umupira Mbappe atsinda igitego cya kabiri, naho Neymar atsinda igitego cya gatatu nyuma y'umupira yahawe na Marco Verratti.

Ni ibitego bitatu aba bataka ba PSG batsinzd nyuma y'uko Maccabi Haifa yari iwayo yari yababanje igitego hakiri kare mu gice cya mbere, ariko babasha kuyishyura baranayitsinda.

Iyi kipe ya Maccabi Haifa Messi yatsinze igitego, ni ikipe ya 39 atsinze igitego muri UEFA Champions league, bimugira umukinnyi wa mbere watsinze amakipe menshi atandukanye muri iri rushanwa.

Mbere yo kujya muri uyu mukino, Lionel Messi na Cristiano Ronaldo banganyaga kuko bose bari baratsinze byibuze igitego amakipe 38 atandukanye muri UEFA Champions league, ariko Messi yahise ajya imbere kuko Maccabi Haifa ari iya 39 atsinze.

Gusa n'ubwo bimeze gutya, Cristiano Ronaldo arakisangije agahigo ko kuba umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri UEFA Champions league. Ronaldo yatsinze ibitego 140 muri iri rushanwa, n'ubwo muri uyu mwaka atarimo kuko ari muri Manchester United iri muri Europa league.

Lionel Messi niwe ugwa mu ntege Cristiano Ronaldo mu bafite ibitego byinshi muri iri rushanwa, dore ko igitego yatsinze ari icya 126 kuva yatangira gukina iri rushanwa.

Uyu munya-Argentine kandi yabaye umukinnyi wa mbere ubashije gutsinda igitego muri UEFA Champions league mu myaka 18 ikurikirana.

Lionel Messi yashyizeho uduhigo muri UEFA Champions league(Image:Sky sports)