CAF yongereye amafaranga yageneraga irushanwa rya 'CHAN'

CAF yongereye amafaranga yageneraga irushanwa rya 'CHAN'

 Jul 28, 2025 - 13:15

Mu gihe hasigaye iminsi ibarirwa ku ntoki kugira ngo imikino y'igikombe cya Afurika cy'abakina imbere mu bihugu byabo 'CHAN' gitangire, hamaze kongerwa amafaranga amakipe azahabwa.

Impuzamashyirahamwe ya ruhago muri Afurika "CAF" irangajwe imbera na Patrice Motsepe,  batangaje ko ikipe izatwara igikombe izahabwa miliyoni 3.5 z'amadorari, bisobanuye ko habayeho inyongera ya 75% ugereranyije n'ayatangwaga.

Usibye kuba amafaranga ikipe izatwara igikombe yongerewe, n'amafaranga yagenewe irushanwa muri rusange nayo yongerewe, aho yagejejwe kuri miliyoni 10.4 z'amadorari, inyongera ya 32% ugereranyije n'amafaranga yarasanzwe agenerwa irushanwa.

Kuva mu mwaka 2021, Patrice Tlhopane Motsepe abaye umuyobozi wa CAF yazamuye amafaranga y'amarushanwa hafi ya yose ya CAF arimo igikombe cya Afurika,  Champions League na Confederations Cup, imikino y'abagore ndetse n'ibindi bisata bya ruhago.

Uyu mugabo kandi w'imyaka 63 y'amavuko, aherutse gushyiraho amafaranga azajya ahabwa abayobozi b'amashyirahamwe ya ruhago muri Afurika buri mwaka angana n'ibihumbi 50 by'amadorali.

Irushanwa rya CHAN rizatangira tariki 02 Kanama 2025 risozwe ku ya 30 Kanama 2025, rikazabera mu bihugu bitatu birimo Kenya, Uganda na Tanzania.

Uko amatsinda ateye mu mikino ya CHAN 2024 igiye kuba 2025:

Itsinda A: Kenya, Morocco, Angola, DR Congo, Zambia

Itsinda B: Tanzania, Madagascar, Mauritania, Burkina Faso, Central African Republic

Itsinda C: Uganda, Niger, Guinea, Algeria, South Africa

Itsinda D: Senegal, Equatorial Guinea, Sudan, Nigeria

Igikombe cya CHAN kizabera mu bihugu bitatu: Kenya Uganda na Tanzania

Patrice Tlhopane Motsepe aherutse gutorerwa manda nshya yo kuyobora CAF