Barack Obama yashimiye abatwaye igikombe cya Super Bowl 2026

Barack Obama yashimiye abatwaye igikombe cya Super Bowl 2026

 Feb 9, 2026 - 15:25

Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama yageneye ubutumwa bwo gushimira Seattle Seahawks, batwaye igikombe cya Super Bowl 2026, ashimangira ko bagaragaje umukino udasanzwe n’umurava ukomeye.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Obama yashimye cyane ubwirinzi  bwa Seahawks, avuga ko bwari ku rwego rwo hejuru, anashimira Kenneth Walker, watowe nka MVP w’umukino, ku mikinire ye y’indashyikirwa. 

Yanavuze ku nkuru ishimishije ya Sam Darnold, agaragaza ko urugendo rwe rwo kuva mu bihe bigoye akagera ku ntsinzi ya Super Bowl ari urugero rwiza rw’ukwihangana no kudacika intege.

Obama yavuze ko intsinzi ya Seahawks atari igikombe gusa, ahubwo ari isomo ry’imbaraga z’ubufatanye, imyitozo n’ukwizerana, byatumye bandika amateka mashya muri shampiyona y’umupira w’amaguru w’Abanyamerika.

Ubu butumwa bwe bwakiriwe neza n’abakunzi ba siporo ku isi hose, benshi bavuga ko amagambo ye yongereye agaciro ku ntsinzi ya Seahawks ndetse agashimangira akamaro ka Super Bowl nk’umunsi uhuza Abanyamerika n’abakunzi ba siporo ku rwego mpuzamahanga.

Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien