Abakozi 6 ba Secret Service bahagaritswe ku kazi kubera iraswa rya Donald Trump

Abakozi 6 ba Secret Service bahagaritswe ku kazi kubera iraswa rya Donald Trump

 Jul 10, 2025 - 15:26

Abakozi batandatu bo mu kigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe kurinda Perezida, kizwi nka Secret Service, bahagaritswe ku kazi nyuma yo kugaragarwaho n’uburangare mu kazi nyuma y’igikorwa cyo kugerageza kwivugana uwari umukandida ku mwanya wa Perezida icyo gihe, Donald Trump, cyabaye mu kwezi kwa Nyakanga umwaka ushize.

Muri icyo giterane, Corey Comperatore, wari umukozi wo kuzimya umuriro, yishwe arashwe ubeo yari yitabiriye uwo munsi w’amatora. Abashinzwe umutekano ba Trump bararashe banahitana umusore w’imyaka 20, witwa Thomas Matthew Crooks, watangajwe na FBI nk’uwari inyuma y’iryo shambulizi.

Nyuma y’icyo gitero cyateje impagarara no kwamaganwa na benshi, Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu gihugu (DHS) yakoze iperereza ryimbitse ryagaragaje amakosa akomeye yakozwe na Secret Service mu buryo bwo kurinda Trump. Raporo y’iyo minisiteri yaragize iti:“Secret Service ntiyari iri gukora ku rwego rwo hejuru nk’uko inshingano zayo zibisaba, ibintu byatumye habaho icyuho cyatumye umwicanyi ashobora kumugeraho.”

Kubera ibikubiye muri iyo raporo, Kimberly Cheatle, wari Umuyobozi Mukuru wa Secret Service icyo gihe, yahisemo kwegura nyuma y’iminsi 10 gusa icyo gitero kibaye.

Amakuru aturuka mu bayobozi ba leta yemeza ko aba bayobozi batandatu bahagaritswe mu mezi make ashize, buri umwe agahabwa igihe cyo guhagarikwa kiri hagati y’iminsi 10 kugeza kuri 42, bitewe n’uburemere bw’amakosa bamaze kugaragarizwa. Bose bahawe uburenganzira bwo kujuririra ibihano bahawe.