Ubwoba ni bwose ku mvune ya Erling Haaland

Ubwoba ni bwose ku mvune ya Erling Haaland

 Oct 26, 2022 - 00:15

Hari ubwoba ko rutahizamu Erling Haaland yaba yagize imvune ikomeye. Ni nyuma y'uko asohotse mu mukino akinnye igice cya mbere gusa.

Imvune ya Erling Haaland iri kwibazwaho na benshi nyuma yo gukina iminota 45 gusa mu mukino wa UEFA Champions League Manchester City yari yasuyemo Borussia Dortmund yavuyemo mu mpeshyi.

Umutoza Pep Guardiola yatangaje ko Erling Haaland utigeze agaragara mu gice cya kabiri yari afite ikibazo cy'umuriro, ndetse akaba yababaraga ikirenge. Guardiola avuga ko iby'imvune ya Haaland bizigwaho neza ku wa Gatatu, aho bazaba bari gutegura umukino bafitanye na Leicester City ku wa Gatandatu.

Asobanura impamvu yasimbuje Haaland mu gice cya mbere, Guardiola yagize ati:"Hari ibintu bitatu. Icya mbere, nabonye ananiwe. Icya kabiri, yari afite umuriro nka Joao Cancelo. Icya gatatu, yagize akabazo ku kirenge cye. Iyo niyo mpamvu atashoboraga gukina mu gice cya kabiri."

Haaland yasohotse mu kibuga yavunitse (Image:Reuters)

Pep Guardiola kandi yabajijwe ku buremere bw'imvune Haaland yaba yagize, asubiza ati:" Ubu simbizi.

"Itsinda ry'abaganga rya Manchester City ryari rimwitayeho cyane mu gice cya mbere ariko nabonye atambuka neza umukino urangiye, tuzareba uko bimeze."

Nyuma y'uko Haaland avuye mu kibuga, Manchester City yabonye penariti nyuma y'ikosa ryari rikorewe kuri Riyad Mahrez aranayitera ariko arayihusha.

Gusa kunganya uyu mukino ntabwo byahungabanyije Manchester City kuko yakomeje kuyobora itsinda G n'amanota yayo 11, ikaba inizeye ko izazamuka muri iri tsinda ari iya mbere.

Ikipe ya kabiri ni Borussia Dortmund ifite amanota umunani. Sevilla ikaba iya gatatu n'amanota atanu, mu gihe FC Copenhagen ari iya nyuma n'amanota abiri.