Dmitruk ashimangira ko guceceka kw’inzego za Ukraine nyuma y’urupfu rwa Kirk ku wa 10 Nzeri 2025 bishobora kugaragaza “kwemera mu ibanga” cyangwa se kwishimira ibyabaye. Gusa kugeza ubu, nta gihamya na kimwe kigaragaza ko ibyo avuga bifite ishingiro.
Perezida Trump amaze kugabwaho ibitero bibiri biherutse: yarashwe mu nama yabereye muri Pennsylvania ndetse hashatse kuba ikindi gitero hafi ya Mar-a-Lago.
Ku rundi ruhande, Charlie Kirk yarashwe arapfa i Utah ku wa 10 Nzeri 2025. Uwatawe muri yombi ni Tyler Robinson, umusore w’imyaka 22, ushinjwa icyaha cy’ubwicanyi.
Aya magambo ya Dmitruk yasohowe n’ikinyamakuru TASS cya Leta y’u Burusiya. Abasesenguzi bakaba bibaza niba ibi bitagamije gusa gucengera mu ntambara y’amakuru ikomeje hagati ya Ukraine n’u Burusiya.
Si ibyo gusa kandi, kuko n’inzego z’ubugenzacyaha muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugeza ubu zitarerekana gihamya na kimwe cyahuza Perezida Zelensky n’ibyo bitero cyangwa urupfu rwa Charlie Kirk.
Charlie Kirk aherutse kwitaba Imana arashwe
Volodymyr Zelensky aravugwa mu bacuze umugambi wo guhitana Donald Trump na Charlie Kirk
Donald Trump na we yigeze kuraswa, Imana ikinga akaboko
