Muri Arsenal umuriro watse hagati ya Mikel Arteta na Pierre-Emerick Aubameyang

Muri Arsenal umuriro watse hagati ya Mikel Arteta na Pierre-Emerick Aubameyang

 Dec 12, 2021 - 05:05

Mikel Arteta yemeje ko Aubameyang atakinnye umukino wa Southampton kubera gusuzugura amabwiriza yashyizweho muri Arsenal.

Kuri uyu wa Gatandatu ikipe ya Arsenal yatsinze Southampton ibitego 3-0 ariko rutahizamu Pierre-Emerick Aubameyang ntiyagaragaye kuri uyu mukino.

Gusuzugura amabwiriza yashyizweho n'umutoza muri iyi kipe byatangajwe ko aricyo Aubameyang yaba yarazize mu mpera z'icyi cyumweru.

Mbere y'uyu mukino Mikel Arteta yemeza uwo mwazuro yagize ati:"Ku bw'amahirwe macye byaturutse ku kwica amabwiriza yashyizweho."

N'ubwo Mikel Arteta yanze kuvuga neza amakosa Pierre-Emerick Aubameyang yakoze, biravugwa ko ari amabwiriza atatu yashyizweho nawe muri iyi kipe.

Muri Kanama Mikel Arteta yigeze kuvuga ati:"Mbere ya byose haza kubaha, icya kabiri ni uko ugomba guhatana, icya gatatu ni gukunda ibyo ukora. Kuri nge ibyo bintu bitatu ni ingenzi."

"Ubifite ndizera neza ko twakorana icyintu gikomeye cyane"

Naho ikinyamakuru The athletic kivuga ko Aubameyang yari yahawe uruhushya rwo gusohoka mu Bwongereza ku mpamvu ze bwite. Uyu mugabo yagarutse atinze ugereranyije n'igihe bari bamuhaye. Ku mpamvu z'amabwiriza yo kwirinda Covid-19, Aubameyang yasibye imyitozo yo kuwa Gatanu ahita akurwa mu ikipe yagombaga kuzakina kuwa Gatandatu.

Nyuma yo gutsinda Southampton, umutoza Mikel Arteta yongeye kubivugaho.

Arteta yagize ati:'Yarenze ku mabwiriza agenga buri umwe. Ibyo ntibiganirwaho, iyo bibaye ukurwa mu ikipe. Munyihanganire sinavuga ibibera mu rwambariro byose."

"Ndi kubabwira impamvu, sinabeshya, aho niho mpagaze. Ku ruhande rwange, sinzabivuga(Amabwiriza yishe)."

Mikel Arteta kandi yabajijwe niba Aubameyang azakomeza kuba captain wa Arsenal ariko uyu mutoza yanga gusubiza icyo cyibazo.

Mikel Arteta yabajijwe niba uyu rutahizamu yaba yahagaritswe umukino umwe ku buryo yaba yagarutse ku mukino wa West Ham United, ariko Arteta yazunguje umutwe asa n'uvuga yego.

Arsenal idafite Pierre-Emerick Aubameyang yabashije gutsinda Southampton ibitego 3-0. Alexander Lacazette wari wabanje mumwanya wa Aubameyang nawe yatsinzemo igitego.

Ibindi bitego bibiri byatsinzwe na Martin Odegaard ndetse na myugariro Gabriel bituma iyi kipe ibona andi manota atatu.

Arsenal yatsinze Southampton idafite Aubameyang(Image:Getty)

Mikel Arteta asobanura ikibazo cya Aubameyang(Image:Mirror)