Declan Rice yagize icyo avuga kuri Madueke utarishimiwe n'abafana ba Arsenal

Declan Rice yagize icyo avuga kuri Madueke utarishimiwe n'abafana ba Arsenal

 Jul 24, 2025 - 16:18

Umwongereza ukinira Arsenal hagati mu kibuga, Declan Rice yagaragaje ko n'ubwo abantu badafitiye icyizere Noni Madueke, ariko azatungura benshi.

Mu minsi mike itambutse nibwo Arsenal y'umutoza Mikel Arteta yatangaje ko yasinyishije Noni Madueke imuvanye mu ikipe ya Chelsea kuri miliyoni £48.5 ($65.8m).

Mu gihe gahunda y'ubwumvikane yari irimbanyije hagati ya Arsenal na Chelsea, abafana ba Arsenal barenga 5,000 basinye ku rwandiko rwo kwamagana isinyishwa ry'uyu mukinnyi bemeza ko atari ku rwego rwa Arsenal.

Mu kiganiro Rice yagiranye n’abanyamakuru nyuma y’intsinzi ya Arsenal ku gitego 1-0, batsinze AC Milan mu mukino wa gicuti wabereye muri Singapore kuri uyu wa  Gatatu, yavuze ko atishimiye uko abafana babyitwayemo kandi ashimangira ko mugenzi we bakinana mu ikipe y’igihugu y’u Bwongereza, Madueke, afite impano n’imyitwarire izamufasha gutsinda ibitego byinshi muri Arsenal.

Declan Rice yakomeje agira ati "Noni Madueke agiye gutungura abantu benshi. Ntegereje ko aza n’amatsiko menshi!”

Noni Madueke ni umukinnyi ufite ubushobozi bwo gukina ku myanya itandukanye mu kibuga, aho byubwihariko yazanwe nk'umusimbura wa Bukayo Saka ariko na none we na Gabriel Martinelli bagomba guhanganira umwanya w'ibumoso.

Hashize iminsi itanu Arsenal itangaje Noni Madueke nk'umukinnyi mushya wayo

Declan Rice abona Noni Madueke azatungura benshi bamwibeshyeho