Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Nigeria, Davido, biteganijwe ko azagaragara mu gitaramo cya UnitedMasters Grammy Weekend.
Davido mu myiteguro yo kwerekeza mu gitaramo cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Mbere y’uko hatangwa Grammy Awards ku nshuro ya 66, mu birori biteganyijwe ku Cyumweru tariki ya 4 Gashyantare 2024 muri Crypto Com Arena i Los Angeles, urubuga rwumuziki rwa UnitedMasters na rwo rwateguye ibirori byiswe Grammy Weekend.
Ni igitaramo kizaba ku wa Gatanu tariki 2 Gashyantare 2024 muri Hollywood Palladium.
Icyakora si Davido gusa, kuko azaba ari kumwe n'umuraperi wo muri Dominikani, Tokischa ndetse na DJ akaba n'umuhanzi, Uncle Waffles, ukomoka muri Afurika y’Epfo.
Twibukiranye ko igitaramo cya 2023 cyahuje abantu barenga 2500, barimo Jay Z na Beyonce, DJ Khaled, Nas, Wiz Khalifa, Future, Damson Idris n’abandi.
Davido agiye kwerekeza muri icyo gitaramo atabanye neza na n'umuhanzi mugenzi we Tiwa Savage
Davido agiye kwerekeza muri Grammy Weekend, mu gihe ari mu mwiryane na Tiwa Savãge, n’umugabo we, Tee Billz wamwikomye bikomeye amushinja kutubaha umuryango we, avuga uburyo we, Tiwa, n’umuhungu wabo, Jamil beretse umukobwa wa Davido, Imade, urukundo, mu gihe Davido we abaca amazi.
