Ni igikombe cy'Afurika cy'abakina imbere mu gihugu cyatangiye tariki 23 Mutarama 2023 muri Algeria, kikaba cyashyizweho akadomo mu mukino wabaye mu ijoro ryahise.
Iri rushanwa ryabanje guteza impagarara cyane cyane hagati ya Algeria na Maroc itaritabiriye irushanwa kubera ibibazo bya politiki ibi bihugu bifitanye, byatumye Maroc itemererwa kuza n'indege iva muri Maroc ihita yinjira muri Algeria, Maroc nayo ifata ikemezo cyo kutitabira irushanwa.
Nyuma ya Madagascar yatsinze Niger 1-0 ku wa Gatanu tariki 03 Mutarama 2023 ubwo bahataniraga umwanya wa gatatu, kuri uyu wa Gatandatu hari hatahiwe umukino wa nyuma hagati ya Senegal na Algeria yakiriye irushanwa.
Algeria yageze ku mukino wa nyuma inyagiye Niger ibitego 5-0, yahabwaga amahirwe cyane kurusha Senegal yahageze yatsinze Madagascar ibitego 2-0.
Uyu mukino wabereye kuri Nelson Mandela Stadium yatabgiye ku isaha ya saa 22:00, ubundi amashoti atangira kuvuza ubuhuha ku mpande zombi buri kipe ishaka kumanika igikosi.
Uyu mukino wagaragazaga ko amakipe yombi asa nk'aho anganya imbaraga, igice cya mbere cyarangiye ari ubusa ku busa, igice cya kabiri nacyo kirangira ari uko. Umusifuzi Atcho w'umunya-Gabon yaje kongeraho iminota 30 ngo amakipe yisobanure nabyo birananirana habura ireba mu izamu.
Mu gutera penariti, amakipe yombi yateye penariti esheshatu, Algeria yinjiza enye kuri eshanu za Senegal. Ibi byatumye Senegal ihita yegukana igikombe, mu gihe na bakuru babo baherutse gutwara Igikombe cy'Afurika cyabereye muri Cameroon.
Senegal yegukanye CHAN 2023
