Ni nyuma y'uko ku wa Mbere w’iki cyumweru, abayobozi bakuru ba NUP barimo Joel Ssenyonyi uhagarariye opozisiyo mu Nteko Ishinga Amategeko, David Rubongoya Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka, ndetse na Benjamin Katana, bamaze gushyikira impapuro zo kwiyamamaza mu izina rya Bobi Wine, bazikuye mu biro bya Komisiyo y’Amatora.
Ishyaka rya NUP ryatangaje ko ryiteguye guhatana rikoresheje intego igira iti “Uganda Nshya None”, aho bafite gahunda yo gushishikariza abaturage kwitabira amatora ari benshi no guharanira impinduka mu miyoborere y’igihugu.
Bobi Wine, umaze igihe kinini ari umwe mu barwanashyaka b’impinduramatwara muri Uganda, ategerejweho kongera kugaragaza imbaraga ze mu guhangana n’ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni umaze imyaka irenga 35 ayobora igihugu.
Bobi Wine agiye kongera kwiyamamariza kuyobora Uganda
Bobi Wine ntabwo avuga rumwe n'ubutegetsi bwa Uganda
Bobi Wine yatsinzwe mu matora ya 2021
