Umuraperi Ja Rule yakoze benshi ku mutima nyuma yo gutangaza ko agiye kubaka ishuri muri Ghana

Umuraperi Ja Rule yakoze benshi ku mutima nyuma yo gutangaza ko agiye kubaka ishuri muri Ghana

 Jan 7, 2024 - 13:48

Nyuma yo gusinyira arenga miliyari 100 mu manyarwanda, umuraperi w'icyamamare muri Amerika Ja Rule yiyemeje kugira uruhare muburezi atangaza ko afite gahunda yo kubaka ishuri muri Ghana.

Uyu muhanzi ufite impano nyinshi zitandukanye, yatangaje iki kifuzo cye cye mu nyandiko yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, agaragaza ko yifuza gutanga umusanzu mu burezi mu gihugu cya Afurika y'Iburengerazuba.

Ja Rule yatangaje ko aguye kubaka ishuri muri Ghana

Ja Rule abinyujije ku rubuga rwa X rwahoze rwitwa Twitter, yagize ati:"Ngiye kubaka ishuri muri Ghana kandi ndumva nyotewe no kubikora. Ja Rule akunda abana!!”

Icyakora, uyu muraperi ntabwo yatanze ibisobanuro birambuye bijyanye n'aho ishuri rizubakwa cyangwa igihe rizubakirwa, ariko yemeza ko yiyemeje gukora ibishoboka byose ngo umushinga ugende neza.

Ja Rule agikorwa agiye gukora cyakoze benshi ku mutima

Nubwo bitaramenyekana igihe uyu mushinga uzatangirira, ariko benshi ku mbuga nkoranyambaga bashyimiye uyu muraperi, ku bwitange bwe n'umutima ufasha yagaragaje.