Shatta Wale yongeye gukora Sarkodie mu jisho

Shatta Wale yongeye gukora Sarkodie mu jisho

 Dec 27, 2023 - 06:47

Rurangiranwa mu njyana ya Dancehall , umunya-Ghana Shatta Wale, yateje impaka nyuma y'igitaramo aherutse gukorera muri Hoteli Blue Top Vila mu gace ka Kosoa muri Ghana, ubwo yibasiraga abahanzi babiri b’ibikomerwzwa iwabo Sarkodie na Stonebwoy, avuga ko nta mikoro bafite.

Uyu muhanzi udakunze kuvugwaho rumwe, ashize amanga yagize ati:”Sarkodie ntabwo andusha amafaranga. Sarkodie ngo yashakishije kuva kera? Stonebwoy ashakisha kuva kera! Njye mbarusha kumenya imihanda, bagomba gufata radiyo bakumva ko mbarenze.”

Shatta Wale na Sarkodie nubwo bigeze kubaho inshuti gusa ubu ntibacana uwaka

Amagambo ya Shatta Wale, yongeye gushimangira amakimbirane no guhangana bikomeje kugaragara mu muziki w'iwabo, ndetse n'abakoresha imbuga nkoranyambaga bacitse ururondogoro kubera aya magambo ya Shatta Wale.

Mu gihe abafana n’abandi babarizwa mu ruganda rwa muzika batavuga rumwe ku magambo y’uyuuhanzi, haribazwa byinshi ku bufatanye no gushyira hamwe bicumbagira mu muziki wa Ghana n’ingaruka bishobora kuwugiraho.

Shatta Wale yavuze ko Stonebwoy na Sarkodie ari abakene

Ibyo Shatta Wale yavuze, byongeye kandi kwerekana guhangana no guhatanira isoko ry'umuziki muri Ghana, cyane ko ubu abafana bategereje n’amatsiko menshi uburyo Sarkodie na Stonebwoy bazasubiza Shatta Wale.