Perezida Donald Trump yatangaje ko yamaze kubona ugura TikTok

Perezida Donald Trump yatangaje ko yamaze kubona ugura TikTok

 Jun 30, 2025 - 14:10

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko yamaze kubona abashoramari bo kugura urubuga rwa TikTok rwigaruriye imitima y’urubyiruko, ariko rukaba rumaze igihe ruri mu mazi abira muri Ameika.

Ibi yabitangaje mu kiganiro na Fox News, avuga ko abo bantu ari “itsinda ry’abaherwe,” ariko ko azabamenyekanisha mu byumweru bibiri biri imbere.

TikTok ifitwe n’ikigo cy’Abashinwa, ByteDance. Mu 2024, hashyizweho itegeko risaba ko iyi porogaramu igomba kuba yamaze kugurishwa cyangwa igahagarikwa muri Amerika bitarenze tariki ya 19 Mutarama 2025.

Trump yavuze ko kugurisha TikTok bishobora gusaba uruhushya rwa Leta ya China, kuko ikigo kiyitunze gikorera i Beijing, icyakora ngo yizeye ko Perezida Xi Jinping azabyemera.

Yongeyeho ko TikTok yamufashije cyane mu matora aheruka, by’umwihariko mu gukurura urubyiruko.

Nyuma y’amagambo, bamwe bahise batekereza ko bishobora kuba ari yo mpamvu yatumye adahita afata umwanzuro wo guhagarika TikTok.

TikTok yagombaga hagarikwa muri Amerika bitarenze tariki ya 19 Mutarama 2025

Donald Trump yagiye akomeze gukerereza ihagarikwa rya TikTok