P. Diddy akomeje kwangwa na rubanda

P. Diddy akomeje kwangwa na rubanda

 May 27, 2024 - 16:54

Mu gihe umuraperi P. Diddy ari mu bihe bitoroshye aho ahanganye n'imanza n'ihohoterwa rishingiye ku gitsina, benshi bakomeje kumwanga no kumurwanya. Ubu hari hatahiwe kompanyi ikora rinete yo muri Amerika.

Biravugwa ko kompanyi ikora rinete(glasses) yitwa  America’s Best Contacts & Eyeglasses yo muri Amerika yahagaritse kugurisha amadarubindi ariho isinya ya Diddy kubera ibirego byinshi by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina aregwa.

Nk’uko Tmz abitangaza ngo aya makuru yemejwe n’uhagarariye iyi sosiyete ko amaduka yatangiye guhagarika kugurisha izo rinete(glasses) ziriho umukono wa Diddy ku wa Kabiri ushize, aho kugeza ubu kugeza ubu bitaramenyekana neza aho rinete zose bari bamaze gukora zizajya.

N’ubwo iyi sosiyete itagaragaje impamvu yabiteye, ariko nk’uko bivugwa n’abantu benshi  batandukanye, bavuze ko iki cyemezo gifitanye isano n’imyumvire ya rubanda nyuma y’amashusho yashyizwe ahagaragara mu minsi ishize yerekana Diddy arimo gukubita uwahoze ari umukunzi we Cassie.

Kugeza ubu, Diddy araregwa mu manza zirindwi zihohoterwa rishingiye ku gitsina, ari na zo zikomeje gutuma benshi bamutera umugongo.