Kuri iyi nshuro umuhanzi wo muri Nigeria Iyanya yagarutse ku maherezo y'urukundo rwe n'umukinnyi wa filime wo muri Ghana Yvonne Nelson batandukanye mu 2015 mu gihe bari bamaranye imyaka 3 bari mu rukundo.
Mu kiganiro Iyanya yagiranye na Televisiyo GHOneTV, uyu muhanzi akaba yatangaje ko atigeze ashavuza umukunzi we nkuko uyu mukobwa yakunze kuvuga ko yamucaga inyuma.

Iyanya yongeye kugaruka ku mukunzi we Yvonne Nelson hashize imyaka 8 batandukanye
Gusa rero Iyanya akaba yatangaje ko ibyo yakoze n'ubundi aribyo undi musore wese uri mu kigero cy'imyaka yarimo icyo gihe ngo n'ubundi yakora.
Ubwo Umunyamakuru yamubazaga uko yifuza ko abafana bamufata, akaba yatangaje ko abantu bamenya ko akiri umuntu mwiza atigeze ababaza umukunzi we nkuko byavuzwe. Ati " Si nkunda abantu buri gihe bavuga ko ndi umuntu mubi. Mukwiye kuva mubyahise."
Ari nako yavuze ko yatakaje abafana be bagera 6,000 bamukurikiraga kuri Twitter bo muri Ghana mu 2015, ubwo uyu mukobwa yatangaza iby'urukundo rwabo. Akaba yaravuze ko uyu mukobwa yamushinje kumuca inyuma ndetse ngo yiswe umuhemu igihe kirekire.

Iyanya yatakaje abakunzi be 6000 kuri Twitter bo muri Ghana nyuma yuko Yvonne yari yatangaje ko uyu musore yamucaga inyuma
Hagati aho, Yvonne Nelson akaba aheruka gusohora igitabo yise 'I am not Yvonne Nelson,' aho avuga uburyo Iyanya yari urukundo rw'ubuzima bwe.
Nubwo byari bimeze gutyo, ngo Iyanya akaba yaraje kumushavuza ndetse akaba yarafashe umwanzuro wo gutandukana nawe nyuma yuko yari kumwe n'undi mukinnyikazi wa filime Tonto Dikeh wo muri Nigeria.
Naho kandi ubwo Iyanya Onoyom Mbuk amazina nyakuri ya Iyanya, yabazwa niba hari ikibazo afitanye na Yvonne Nelson magingo aya, akaba yirinze kugira byinshi amuvugaho ahubwo aryumaho.
