Nyuma y'imyaka 7 ahambirijwe amaguru adakora hasi, Koffi Olomide agiye gusubira muri Kenya

Nyuma y'imyaka 7 ahambirijwe amaguru adakora hasi, Koffi Olomide agiye gusubira muri Kenya

 Nov 3, 2023 - 21:14

Umuhanzi ukomeye mu njyana ya Rhumba, Koffi Olomide, nyuma y'imyaka irindwi yirukanwe muri Kenya shishi itabona, agiye kongera kuhataramira.

Inkuru nziza ku bakunzi ba rumba, umuhanzi rurangiranwa muri iyi njyana ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Koffi Olomide, yatangaje ko ku itariki 9 z’ukwezi gutaha, azakorera igitaramo muri Kenya.

Koffi Olomide yatangaje ko mu kwezi gutaha azataramira muri Kenya

Uyu muhanzi wahawe agatazirano ka Mopao Mokonzi, ku mu rongo wa terefone aganira na radio yo mu gihugu cya Tanzania yitwa Jambo, ni bwo yatangaje aya makuru yo kuza muri Kenya, avuga ko yari akumbuye cyane abakunzi be bo muri iki gihugu.

Koffi Olomide agiye kugaruka muri Kenya, mu gihe imyaka irindwi yari yikubise yirukanwe muri iki gihugu amaguru adakora hasi, ashinjwa guhohotera abagore.

Olomide yanashimiye ubuyobozi bushya bwa Kenya, kuba bwaramwemereye kuza, nyuma yo kubuzwa kongera kugaruka muri iki gihugu, mu mwaka wa 2016.

Koffi Olomide imyaka irindwi yari yihiritse atemerewe gukandagira ku butaka bwa Kenya

Koffi yarahambirijwe ndetse abuzwa no kongera kugaruka muri Kenya mu kwezi kwa 6 2016, nyuma yuko hari amashusho yari yagaragayemo akubita umugore umugeri, anamufata mu mashingu.

Byaje kumenyekana ko uwo mugore yahondaguraga ari umwe mu babyinnyi be, maze afatirwa hanze y’inyubako ikoreramo Citizen Tv, azingishwa utwangushye asubizwa iwabo.