Nta bwoba kandi ndiyizeye! Fik Fameica yasubije abarimo gukeka ko yipashe muremure mu gitaramo yitegura

Nta bwoba kandi ndiyizeye! Fik Fameica yasubije abarimo gukeka ko yipashe muremure mu gitaramo yitegura

 Dec 21, 2023 - 12:09

Umuhanzi Walukagga Shafik wamenyekanye nka Fik Fameica, yatangaje ko nta bwoba afite bwo kuzaririmbira muri sitade yambaye ubusa, kuko afite ubushobozi bwo kuyuzuza atitaye ku ngano yayo.

Umuhanzi wo mu gihugu cya Uganda, Fik Fameica, urimo kwitegura igitaramo cye ku ya 26 Mutarama 2024, ahitwa Lugogo Cricket Oval muri Uganda, yatangiye kwikomanga ku gatuza.

Fameica ngo yizera ko afite ibisabwa byose kugira ngo yuzuze Iyi sitade ya Lugogo, kandi ngo ntabwo ahangayikishijwe n’ubunini bwayo.

Uyu muhanzi yasobanuye ko afite inyanja y’abafana bamushyigikira, kandi ngo n'umuziki we ubwawo urivugira. Yavuze ko azakora ibishoboka byose kugira ngo ace agahigo ko kuzuza Lugogo Cricket Oval.

Ubwo yasubizaga ikibazo cy’umunyamakuru wamubazaga niba adafite impungenge z’ubunini n’ubunini bwa Lugogo, yagize ati: “Mfite abafana bahagije kuzuza Lugogo Cricket Oval, kandi mfite indirimbo nziza maze igihe nsohora. Ntabwo rero mpangayitse kuko nzi neza ko nzabikora.”  

Mu busanzwe, Lugogo stadium cyangwa se Lugogo Cricket Oval, mu bitaramo ijyamo abantu ibihumbi 20 bicaye neza.