Mike Tyson arimo kurya inyama mbisi mu rwego rwo kwitegura umurwano afite

Mike Tyson arimo kurya inyama mbisi mu rwego rwo kwitegura umurwano afite

 May 10, 2024 - 16:51

Rurangiranwa mu mukino w'iteramakofe, Mike Tyson, yatunguye benshi nyuma yo gutangaza ko muri iyi minsi arimo kurya inyama mbisi, mu rwego rwo kwitegura umurwano afitanye na Jake Paul.

Umukinnyi w'iteramakofe wabigize umwuga ukomoka muri Amerika, Mike Tyson yasobanuye neza ko kuri ubu arimo kurya inyama mbisi kugira ngo yitegure guhangana na Jake Paul, mu murwano uteganyijwe muri Nyakanga 2024.

Tyson yabivuze ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru aho yasobanuye ko ubu yahinduye imirire kandi ko yatangiye kurya inyama mbisi kugira ngo bimufashe mu ntambara azarwana na Jake.

Umurwano wa Mike Tyson uteganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka

Biteganijwe ko umurwano hagati ya Tyson w’imyaka 58 na Jake w’imyaka 27 uzaba ku ya 20 Nyakanga kuri sitade AT&T i Texas muri Amerika ndetse ukazanerekanwa Live kuri Netflix.