Michael Jai White yanditse amateka mashya muri sinema 

Michael Jai White yanditse amateka mashya muri sinema 

 Nov 24, 2025 - 21:12

Umunyamerika w'icyamamare mu mikino njyarugamba akaba n’umuhanga mu gukina filime zirimo iyo mikino (action movies), Michael Jai White, yanditse amateka mashya nyuma yo kuba umuntu wa mbere utari umunyaziya wegukanye Igihembo cya Bruce Lee (Bruce Lee Award) gitangwa na Bruce Lee Foundation.

Uyu muhango wabereye mu birori bikomeye bya Asian World Film Festival, aho Shannon Lee, umukobwa wa Bruce Lee akaba n’umuyobozi wa Bruce Lee Foundation, ari we ubwe wamushyikirije iki gihembo nk’ikimenyetso cy’ishimwe rikomeye.

Igihembo cya Bruce Lee kigamije gushimira abantu bagize uruhare rukomeye mu guteza imbere ubugeni n’umuco by’uburyohe bw’imikino ngororamubiri, imikino njyarugamba (martial arts), na filime z'imirwano (action movies). 

Michael Jai White amaze imyaka irenga makumyabiri akina ndetse anateza imbere filime zerekana ubuhanga mu mikino ngororamubiri, ndetse abakurikira sinema bamufata nk’umwe mu bagize uruhare runini mu kuzamura urwego rw'izo filime.

Mu utumwa bwe nyuma yo guhabwa iki gihembo, Michael Jai White yavuze ko ari ishema rikomeye kuba yujuje ibyifuzo by’umurage wa Bruce Lee, ati:“Guhabwa iki gihembo ni inshingano ikomeye. Bruce Lee ni umwe mu barimu bakomeye ku rwego rw’isi, kandi kuba umurage we ari wo wanshiriye inzira ni icyubahiro ntagereranywa.”

Abakurikiranira hafi ibya sinema bavuga ko uru ni urundi rugero rugaragaza uko impano, umurava n’umusanzu ku muco mpuzamahanga bishobora guhuza abantu batandukanye, bagasigasira umurage w’abanyabigwi bakomeye nka Bruce Lee.

Iki gihembo gikomeje gushimangira izina rya Michael Jai White nk’umwe mu barinzi b’umuco n’icyerekezo Bruce Lee yasize mu ruganda rwa sinema n’imikino njyarugamba ku isi.

Michael Jai White yakoze amateka muri cinema 

Michael Jai yahawe igihembo cya Bruce Lee