Kiyovu Sports ifite umuvuno mushya mu gihe FERWAFA na FIFA badahannye APR FC

Kiyovu Sports ifite umuvuno mushya mu gihe FERWAFA na FIFA badahannye APR FC

 Jan 29, 2023 - 10:18

Umuyobozi wa Kiyovu Sports ariwe Mvukiyehe Juvenal yatangaje undi muvuno mu gihe FERWAFA na FIFA zitagira icyo zikora kuri APR FC yakinishije umukinnyi utari uwayo.

Kuri uyu wa Gatandatu nibwo habaye umukino w'umunsi wa 17 wa shampiyona y'u Rwanda wahuje Kiyovu Sports na APR FC, warangiye APR FC itahanye amanota atatu ku ntsinzi y'ibitego 2-3.

Nyuma y'uyu mukino Kiyovu Sports yazamuye ikirego ivuga ko APR FC yakinishije Byilingiro Lague uherutse gutangazwa n'ikipe ya Sandvikens IF yo muri Sweden nk'umukinnyi wayo mushya, ubwo bivuze ko atakiri umukinnyi wa APR FC.

Ibaruwa Kiyovu Sports yandikiye umuyobozi wa FERWAFA iragira iti:"Umukino waduhuje na APR FC byagaragaye ko APR FC yakinishije umukinnyi utari uwa yo. Dukurikije amakuru tuvana mu ikipe ya Sandvikens IF yo mu gihugu cya Sweden aho tariki ya 26 Mutarama 2023 yatangaje kuri Twitter ya yo ko Byiringiro Lague ari umukinnyi wa yo byemewe n’amategeko, tukaba dusanga ko ikipe ya APR FC ikwiye kudahabwa amanota y’umukino waduhuje na yo uyu munsi (ejo hashize) ku wa 28 Mutarama 2023 i Muhanga."

"Bwana munyamabanga ku mugereka w’iyi baruwa murahasanga urutonde rugaragaza ko uwo mukinnyi wavuzwe haruguru ari umukinnyi wa Sandvikens IF, tukaba twatunguwe cyane no kubona anagaragara ku rutonde rw’abakinnyi ba APR FC ndetse akaba yakinnye uwo mukino."

Ibaruwa Kiyovu Sports yandikiye FERWAFA

Nyuma y'ibi kandi Mvukiyehe Juvenal uyobora Kiyovu Sports, yatangaje ko mu gihe FERWAFA na FIFA batagira icyo bakora kuri APR FC, Kiyovu yiteguye kuba  yarega Sandvikens IF muri FIFA.

Juvenal ati:"APR FC yakoze icyaha cyo gukinisha umukinnyi werekanwe n'indi kipe. Twandikiye FERWAFA na FIFA, nibabififika tuzarega Sandvikens muri FIFA."