Amarira akomeje kuba menshi mu Ntara ya Gaza strip yo muri Palestine, aho ingabo za Israel zikomeje guhiga bukware abarwanyi ba Hamas bivanze n'abaturage ndetse bagashinga ibirindiro byabo ahari ibikorwa remezo bya rubanda nk'amavuriro n'amashuri.
Magingo aya, igisirikare cya Israel ADF gikomeje urugamba aho kiri kurasa kuri ibyo bikorwamezo, ndetse abasivire batagira ingano bakomeje gutikira, ari nako abarwanyi ba Hamas nabo baturuka mu myobo bacukuye munsi y'ubutaka bakagaba ibitero bikomeye ku ngabo za Israel.

Amahanga aratabaza ngo abana bari mu bitaro bya Al-Shifa baticwa
Umuryango w'Abibumbye uratangaza ko ibitaro byinshi muri Gaza byashumitswe, ariko igiteye ubwoba kuri ubu, cyikaba ari uko ADF yazengurukije ibifaru ibitaro bya "Al-Shifa Hospital", aho impungenge ari nyinshi ko abana 39 bavutse batagejeje igihe bari mu byuma, bashobora gupfa.
Ku bw'ibyo, isi yose yateye hejuru isaba Tel Aviv guhagarika imirwano. Uhereye i New York, London, Paris, Baghdad, Karachi, Berlin na Edinburgh, abaturage bari mu mihanda basaba ko imirwano ihagarara bwangu.
Icyakora, iki gitutu cy'amahanga, cyatumye igisirikare cya Israel mu masaha y'igitondo kuri iki Cyumweru ahagana i saa yine gitanga ko cyibaye gihagaritse imirwano kugira ngo abari mu bitaro bya Al-Shifa babanze bahunge.

Abana 39 bari mu bitaro bya Al-Shifa bashobora kubura ubuzima
Ku rundi ruhande, Minisitiri w'intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yari yabanje kuvuga ko barahagarika imirwano nyuma yuko Hamas nayo irekuye bamwe mu bo bafashe bugwate.
Ibitangazamakuru byo muri Israel biravuga ko abantu 239 ari bo bafashwe bigwate. Guhera tariki ya 07 Ukwakira, intambara yatangira, abantu 11,078 muri Palestine bamaze kwicwa barimo abana 4500, mu gihe abanya-Israel 1,400 nabo bishwe.
