Amakuru y'uko aba bombi bashobora gutandukana yatangiye gukomera nyuma yuko Michelle atitabiriye umuhango wo gushyingura uwahoze ari Perezida wa Amerika, Jimmy Carter ku ya 9 Mutarama, byongera gufata indi ntera ubwo uyu mugore yatangazaga ko atazitabira irahira rya perezida Donald Trump ryabaye uyu munsi.
Umwe mu bakorana n’umuryango wa Obama yagize ati:“Michelle ntashobora gutegekwa n’umuntu uwo ari we wese, ntawe umubwira icyo gukora. Ni yo mpamvu atari mu bashyigikiye Joe Biden mu matora ashize.”
Nubwo basa n'abishinye, gusa ngo umubano wa Barack Obama n'umugore we ntuhagaze neza kuva bava muri White House
Yongeyeho ko Michelle Obama yasibye muhango wo gushyingura Carter kuko yari muri Hawaii mu biruhuko.
Icyakora, bamwe mu ba hafi yabo bavuga ko Michelle yagendeye kure ubuzima bwa politiki kuva bava muri White House muri Mutarama 2017, bigatuma havugwa byinshi ku kutishimira umugabo we na politiki muri rusange.
