Ese ni ugusuna! Eddy Kenzo yateye utwatsi ibyo guhangana na King Zaha

Ese ni ugusuna! Eddy Kenzo yateye utwatsi ibyo guhangana na King Zaha

 Oct 16, 2023 - 16:57

Umuhanzi wo gihugu cya Uganda, Eddy Kenzo wari uherutse kuvuga ko umuhanzi wese witeguye kumwipimaho yamubwira bagahangana, yabishingutsemo nyuma yuko King Zaha ari we wenyine wari wemeye guhangana.

Umuhanzi Eddy Kenzo, umwe mu bayoboye ishyirahamwe ry’abahanzi mu gihugu cya Uganda, yasobanuye ko adashaka kwishora mu ntambara yo kuririmba (music battle), cyane cyane na King Saha na we uri mu bayoboye iri huriro(UMA).

Nyuma yuko King Zaha ari we wagaragaje ko yiteguye guhangana, Eddy Kenzo yahise yanga

Kenzo yavuze ko uruhare rwe nka perezida rwamusabye guhuriza hamwe no gukwirakwiza urukundo mu bahanzi, ku buryo gukora battle  ntacyo byamumarira.

Kenzo ati: "Ntabwo nshobora guhangana na  King Saha. Ntabwo nemera intambara kuko, nka Perezida w'abahanzi, kwishora mu ihangana byabacamo ibice, kandi ndi hano ngo nimakaze ubumwe."

Eddy Kenzo yavuze ko battle nta kindi yakora uretse kubiba amacakubiri

Eddy Kenzo yatangaje aya magambo, mu gihe yari yarigeze kuvuga ko umuhanzi uwo ari we wese wifuza guhangana na mu miririmbire, yamubwira urwo rugamba bakarukorera hanze y’igihugu. Icyo gihe, King Saha ni we wari wabimburiye abandi mu gutangaza ko yiteguye urwo rugamba.