Bruno Fernandes yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza

Bruno Fernandes yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza

 May 23, 2026 - 15:37

Umunya-Portugal ukinira Manchester United, Bruno Fernandes yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza wa shampiyona y’u Bwongereza 2025/2026, nyuma yo guhigika abo bari bahanganye barimo Erling Haaland wa Manchester City ndetse na Declan Rice wa Arsenal.

Uyu mukinnyi w’imyaka 31 y’amavuk,o yabigezeho nyuma y’umwaka w’imikino udasanzwe wafashije Manchester United kongera kugaruka mu makipe ane ya mbere muri iyi shampiyona.

Mu mikino 34 ya Premier League amaze gukina, Bruno Fernandes yatanze imipira 20 yavuyemo ibitego, ibintu byagezweho gusa n’ibihangange nka Kevin De Bruyne na Thierry Henry, anatsinda ibitego umunani.

Uretse imibare idasanzwe, Bruno yashimiwe cyane uburyo yitangira ikipe mu bwugarizi, ubuyobozi bwe mu kibuga ndetse n’ubushobozi bwo gutsinda imikino ikomeye.

Iki gihembo gitumye Bruno Fernandes aba umukinnyi wa mbere wa Manchester United ucyegukanye nyuma y’imyaka irenga 15, kuva Nemanja Vidic yabigeragaho mu mwaka wa 2010/2011.

Ibi kandi byiyongera ku bindi bihembo uyu mukinnyi yegukanye birimo icya “Football Writers’ cyitwa Association Footballer of the Year” ndetse n’igihembo cya gatanu cya “Sir Matt Busby Player of the Year” aho yacyegukanye nyuma yo gutorwa n’abafana ba Manchester United.

Mu gihe amasezerano ye muri Manchester United azageza muri 2027, Bruno Fernandes akomeje kwiyerekana nk’umwe mu bakinnyi beza iyi kipe yagize mu bihe bya vuba ndetse no mu mateka ya Premier League muri rusange, dore ko afatwa nk’umwe mubafashije  Manchester United gusubira mu marushanwa akomeye y’i Burayi y’umwaka utaha.

Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien