Bad Bunny arashinjwa gutera inda Kendall Jenner akamujugunya

Bad Bunny arashinjwa gutera inda Kendall Jenner akamujugunya

 Jun 18, 2023 - 05:49

Bad Bunny bisa nk'aho bitamworoheye muri iyi minsi kuko ibihuha bivuga ko yateye Kendall Jenner inda

Mu minsi yashize, havuzwe ibihuha bikabije kuri interineti kuri Bad Bunny bivugwa ko yateye inda Kendall Jenner agahita amujugunya. Niba ibi byari ukuri uko byagenda kose, uyu muhanzi wo muri Porto Rico yafatwa nk’umugome mu mateka y’umuryango wa Kardashian / Jenner. Benshi bari baragerageje kumusunikira kure ya Kendall, ariko Bad Bunny yasaga nkushaka kumuguma iruhande.

Biravugwa ko Bad Bunny yateye inda Kendall Jenner 

Mu by'ukuri, Bombi basa nkaho bakundana, ariko Benito ntabwo yari kureka ngo ibi bihuha bize gutyo gusa. Ibi bihuha ni ibintu bya buri munsi mu byamamare, ariko iyi nkuru yo isa nkaho yateye ubwoba uyu muririmbyi.

Mu kiganiro aherutse kugirana na Yahoo, yavuze amagambo akurikira kuri aya makuru y’ibihuha: “Ndatekereza ko ibyo byahozeho, kandi bizahoraho. Birasekeje. Birambabaza, kandi birababaje. Ntabwo ari njye, ariko byinshi ku bushake abantu bakwirakwiza amazimwe, kuko biratangaje kubona uburyo babivuga bafite ikizere. Mbega umuswa! Nta gitekerezo bafite ku kintu na kimwe.

Mu by'ukuri, ibyo bishoboka bite? Ariko ndatekereza ko ibintu nk’ibi ubimenyereye. Ntabwo aribwo bwa mbere. Iyo umuntu yamamaye ndetse by’umwihariko muri iy'Isi, icyo gihe umuntu wese ashobora kuvuga icyo agushakaho cyose. Ariko, umuti ni ukurinda umutekano w'uwo uriwe kandi ukishimira ubuzima nkanjye. Kuberako nyuma na nyuma, ninjye njyenyine ubizi, kandi ni njye njyenyine usobanukiwe uburyo niyumva.”

Bad Bunny yavuze ko yababajwe n'ibihuha bivuga ko yateye Kendall Jenner inda agahita amuta

Nta cyo yari yavuga kuri ibyo bihuha, ariko hari amakuru avuga ko Kendall Jenner ubu atwite. Kugeza ubu, icyo tuzi ni uko Kendall na Benito bakomeje kuba abakunzi kandi ibi bihuha byo gutwita ntabwo byizewe. Ariko, nta gushidikanya ibihuha bizakomeza igihe cyose abashakanye bakiri kumwe.