Khadijat yavuze ko nubwo babyaranye na Asake atagifata inshingano nk’umubyeyi, kandi ntaho ahuriye n’ubuzima bw’umwana wabo. Yagize ati:"Nigeze kumuba hafi igihe cyose yari agishakisha izina. Naramufashije, ariko uyu munsi naratereranywe, ndacuruza kugira ngo mbeho n’umwana."
Ibi bije bikurikirana n’andi makuru aherutse kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga aho se wa Asake nawe yavugaga ko yahindutse nk’utarageze umwana, kuko Asake atamwitaho ndetse ari ku buriri bw’indembe. Ibi byagaragaje isura nshya y’uyu muhanzi umaze kwamamara cyane mu njyana ya Afrobeat.
Abatari bake ku mbuga nkoranyambaga bakomeje gutanga ibitekerezo bitandukanye kuri izi nkuru, bamwe banenga imyitwarire ya Asake mu gihe abandi bavuga ko hakenewe kumva impande zombi mbere yo kumucira urubanza.
Icyakora kugeza ubu, Asake ubwe ntacyo aratangaza ku birego bijyanye n’umuryango we, yaba ku bijyanye na Khadijat cyangwa se ku byavuzwe na se.
Umugore bivugwa ko yabyaranye na Asake yagaragaye ku muhanda arimo kotsa ibigori
Asake akomeje gushinjwa kutita ku bantu be
