Umucamanza wo muri Rio de Janeiro mu gihugu cya Brazil yategetse guhagarika indirimbo ya Adele yitwa “Million Years Ago” kubera ko bivugwa ko yayibye umuhanzi witwa Toninho Geraes wo muri Brazil.
Iki cyemezo cyatangajwe ku mugaragaro ku ya 16 Ukuboza 2024 kije nyuma y’urubanza rwatanzwe muri uyu mwaka na Toninho Geraes uvuga ko Adele yandukuye indirimbo ye yakoze mu myaka ya za 90 izwi ku izina rya 'Mulheres'.
Kubera iyo mpamvu, bategetse ibigo bireberera inyungu za Adele aribyo 'Sony Music Entertainment' na 'Universal Music' kuvana iyi ndirimbo ku mbuga zose zigurishirizwaho umuziki kandi bagomba kwishyura amande ya miliyoni zirenga 15 z’amanyarwanda mu gihe iyi ndirimbo idasibwe kuri izo mbuga.
Icyakora, Universal yajuririye ibyo birego ku wa kabiri tariki ya 17 Ukuboza, ivuga ko iyo ndirimbo itakopewe ahubwo ko ari uko amajwi asa.
Umwunganizi wa Adele mu mategeko yavuze ko Adele na Geraes bagiranye amasezerano na Universal, ariko uyu muhanzi ukomoka muri Brazil akaza gusesa amasezerano yagiranye n’iyi sosiyete mu buryo budasobanutse.
Iyi ndirimbo yitwa “Million Years Ago” yasohotse ku ya 21 Ukuboza 2019 imaze kurebwa n’abarenga miliyoni 22 kuri YouTube.
