Lionel Messi yahagaritswe n'abashinzwe umutekano ku kibuga cy'indege cya Beijing ubwo yageragezaga gukoresha pasiporo ye ya Esipanye aho gukoresha pasiporo yo muri Argentine.
Uyu mugabo w'imyaka 35 yageze mu Bushinwa mu ndege yihariye mu mpera z'icyumweru gishize, aho yaje ari kumwe na n'umurinzi we n'incuti nyinshi, zirimo mugenzi we wo muri Argentine, Angel di Maria.
Lionel Messi yari aheze ku kibuga cy'indege
Ku wa Kane w’icyumweru gishize, Messi yari mu rugendo rwo kwifatanya na bagenzi be mu mikino wa gicuti na Australia.
Amashusho yamamaye ku mbuga nkoranyambaga yerekanaga uyu mugabo ufite Ballon d'or inshuro zirindwi akikijwe n'abapolisi benshi. Messi yagaragaye afashe pasiporo ye ubwo yaganiraga nabo kuri iki kibazo.
Ibinyamakuru byaho mu Bushinwa byatangaje ko ibibazo byavutse kubera ko Messi yakoresheje pasiporo itari yo.
Bavuga ko Messi yizeraga ko ashobora kujya muri Tayiwani kuri pasiporo ye ya Esipanye, kuko yari azi ko ikora no mu Bushinwa.
Yumvikanye ababaza ati: “Ese Tayiwani si Ubushinwa?”
Messi yahagaritswe amasaha abiri mbere yuko ahabwa visa agakomeza.
