Uyu mugore witwa 'Anabela Rungo', yatawe muri yombi nyuma y'iperereza ryakozwe bagasanga yarabaga muri Afurika y'Epfo akoresha ibyangombwa mpimbano.
Mu mwaka ushize Miss Chidinma Adetshina yikuye mu irushanwa ryo gushaka Nyampinga wa Afurika y'Epfo, nyuma y'uko abantu bari bakamejeje bavuga ko adakwiye guhatanira iri kamba kandi ari umunyamahanga nubwo ariho yavukiye.
Icyo gihe Chidinma yavuze ko afashe iki cyemezo ku bw'umutekano we n'umuryango we, ndetse icyo gihe yahise ahamagarwa muri Nigeria ngo ahatanire ikamba rya 'Miss Universe', birangira aryegukanye.
Uyu mugore Rungo ubusanzwe akomoka muri Mozambique, ni mu gihe Se wa Chidinma akomoka muri Nigeria.

