Tyson Fury yatunguranye asezera ku mukino w'iteramakofe

Tyson Fury yatunguranye asezera ku mukino w'iteramakofe

 Jan 13, 2025 - 18:40

Umwongereza akaba na rurangiranwa mu mukino w'iteramakofe ku isi ariko mu bafite ibiro byinshi (Heavyweight), Tyson Fury yatangaje ko asezeye mu mukino w'iteramakofe nyuma yo gutsindwa umurwano aherutse guriramo na Oleksandr Usyk.

Rurangiranwa mu mukino w'iteramakofe ku isi ariko mu bafite ibiro byinshi (Heavyweight), Tyson Fury yatangaje ko esezeye mu mukino w'iteramakofe nyuma yo gutsindwa umurwano eherutse guriramo na Oleksandr Usyk.

Aya makuru aje nyuma y’iminsi ibiri gusa undi mukinnyi w’iteramakofe, Eddie Hearn agaragaje gahunda y’imirwano afite muri uyu mwaka irimo uwari kumuhuza na Fury na Anthony Joshua kuri Stade ya Wembley, mu mpeshyi.

Tyson Fury aherutse gutsindwa na Oleksandr Usyk mu mukino wabahuje 

Mu butumwa bwe bw’amashusho yanyujije kuri Instagram ye, Fury yagize ati: “Ndashaka gutangaza ko nasezeye mu mukino w’iteramakofe.”

Fury watangaje bwa mbere ikiruhuko cy'izabukuru muri Mata 2022 nyuma yo gutsinda Dillian Whyte, yatunguye benshi agaruka muri uyu mukino nyuma y'amezi atandatu kugira ngo arwane n’uwitwa Derek Chisora kuri Stade ya Tottenham Hotspurs, icyakora nyuma yo gutsindwa mu mukino uheruka, uyu mugabo yahisemo gusezera kuri uwo mukino.