Kuri uyu wa 13 Kamena 2024, Recording Academy biciye mu itangazo yageneye abanyamakuru, yatangaje ko yinjiye mu masezerano y'imikoranire n'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) n'abandi bafatanyabikorwa bo muri Afurika no mu Burasirazuba bwo Hagati agamije kwagura ibikorwa byayo byo gushyigikira abahanzi ku Isi yose.
Umuyobozi wa Recording Academy Harvey Mason Jr, yavuze ko Ibihugu biri muri iyi mikoranire birimo, Kenya, Saudi Arabia, Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, na Afurika y'Epfo.
Uyu muyobozi yatangaje ko bishimiye gukorana n'abantu bashya, kuko agaragaza ko umuziki ari umutungo kamere w'ikiremwamuntu. Ashimangira ko bafashe umwanzuro nyuma yo gukora ingendo zitandukanye mu bihugu binyuranye bakaganira n'inzego zitandukanye.
Bimwe mu bizibandwaho muri aya masezere na Recording Academy, harimo gufasha abatunganya umuziki, gutanga amahugurwa no ko kongerera ubumenyi ku bari mu muziki binyuze ku rubuga rwa murandasi rwa "Grammy Go".
Harimo kandi guhabwa inkunga ku banyamuryango ba Recording Academy, kungurana ibitekerezo ku muco, gufasha abakora umuziki hakajyaho amategeko arengera umutungo ku bijyanye n'ubwenge, ndetse n'izindi ngingo zizibandwaho n'impande zose nk'uko bikubiye mu masezerano bagiranye.
