Polisi yaremye agatima abari bahangayikiye Michael B Jordan uherutse gukora impanuka ikomeye

Polisi yaremye agatima abari bahangayikiye Michael B Jordan uherutse gukora impanuka ikomeye

 Dec 6, 2023 - 15:48

Nyuma yuko benshi bari bahangayikishijwe n'ubuzima bw'umukinnyi wa filime Michael B Jordan uherutse gukora impanuka y'imodoka, polisi yatangaje ko ameze neza.

Nyuma yuko umukinnyi wa filime Michael B Jordan, aherutse gukora impanuka ikomeye mu z'icyumweru gishize, polisi yasohoye raporo kuri iyo mpanuka, itangaza ko uyu mugabo wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ameze neza.

Michael B Jordan aherutse gukora impanuka ikomeye

Polisi ya yatangaje ko iyi mpanuka kuberako imodoka ya Michael B Jordan yagonganye na n’indi yari iparitse hafi y’umuhanda, nubwo iyi raporo ivuga ko nta gisindisha uyu mugabo yari yafashe.

Michael B Jordan wakunzwe muri filime nka “Creed”, “Black Panther”, “Just Mercy” n’izindi, yakoze impanuka y’imodoka ku wa Gatandatu tariki 2 z’uku kwezi, ubwo yari mu modoka ya Ferrari. Iyi mpanuka yabaye ahagana mu ma saa tanu z’igicuku, hafi y’inzu itunganya umuziki yitwa Sunset Gower.

Michael B Jordan ntabwo yigeze akomerekera mu mpanuka aherutse gukora

Nyuma yo gukora iyi mpanuka, benshi bari bahangayikishijwe n’ubuzima bw’iki cyamamare, gusa polisi yabaremye agatima.