Minisitiri w'intebe wa Canada yasabye Taylor Swift kugirira impuhwe iki gihugu

Minisitiri w'intebe wa Canada yasabye Taylor Swift kugirira impuhwe iki gihugu

 Jul 9, 2023 - 07:21

Minisitiri w'intebe wa Canada, Justin Trudeau, isi yose yamenye urukundo akunda Taylor Swift, nyuma yo kumusaba ko yataramira muri Canada.

Biragaragara ko Justin Trudeau, Minisitiri w’intebe wa Canada, ari umufana wa Taylor Swift rwose. Nyuma y’uko uyu muhanzikazi yatangaje gahunda  ya 2024 muri Aziya n’Uburayi muri Eras Tour, Trudeau arasaba iki kirangirire mu njyana yw pop gushyira Canada mu hantu agomba gutaramira. Kandi yabimusabye nk’umufana.

Justin Trudeau ni umufana ukomeye cyane wa Taylor Swift 

Ku rubuga rwa tweet ku mugoroba wo ku wa gatatu, Trudeau yaranditse ati: “Muraho, ninjye. Nzi ko hano muri Canada twifuza kukubona. Noneho, ntukabigire indi mpeshyi y’ubugome (cruel summer) Turizera ko tuzakubona vuba.” Byaje kugaragara ko umuriro ubu butumwa bwa Trudeau, yakoreshejemo amagambo  yo mu ndirimbo ya Taylor Swift “Anti-Hero”. Yakoresheje ijambo ”I Know Places,” na “Cruel Summer”, yise aboneka muri iyindirimbo.

Ubutumire bwa Trudeau bwaje nyuma yuko Swift ubwe yanditse kuri Twitter avuga ko yongeyeho ibindi bitaramo 14 mu gice cy’Uburayi ku bitaramo bye.

Taylor Swift aherutse muri Canada muri 2018

Kuva muri Werurwe, Swift yatingiye kunyeganyeza urubyiniro ahereye muri Amerika, none ajyiye gutangira gukora ibitaramo ku rwego mpuzamahanga guhera mu mpera za Kanama, ibitaramo biteganijwe kugeza muri Kanama umwaka utaha. Azabikorera mu biihugu birenga icumi bitandukanye, ariko kugeza ubu, ntabwo Canada irimo. Swift aherutse igitaramo ku butaka bwa Canada ubwo yari muri Reputation stadium, muri 2018.

Kugeza ubu, Taylor ntabwo yashubije ku mugaragaro tweet ya Trudeau. Ahari ubwitange bwa Trudeau buzatanga umusaruro, maze Canada  na yo yongerwe ku rutonde rwa Eras Tour.