Meek Mill yahishuye akarengane ku mfungwa zo muri Amerika

Meek Mill yahishuye akarengane ku mfungwa zo muri Amerika

 Jan 16, 2024 - 17:30

Meek Mill nk'umwe mu bantu bigeze kunyura mu gihome, yahishuye uburyo imfungwa zikoreshwa imirimo ivunanye ariko zikishyurwa urusenda.

Umuhanzi ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Meek Mill, yahishuye ko imirimo y'imfungwa ziri muri gereza akenshi nta hantu ihuriye n'amafaranga bahabwa.

Uyu muraperi yagaragaje ko ushobora kuba umukire ndetse ukabona amafaranga ahagije ariko ko iyo uri imfungwa ubyutswa kare mu rukerera ukajyanwa mu kazi kaguhemba intica ntikize.

Meek Mill yafunzwe muri 2016 arekurwa muri 2018 azira ibyaha byo gukoresha ibiyobyabwenge no gutunga intwaro mu buryo butemewe n'amategeko.

Amakuru avuga ko imfungwa zo mu bihugu bimwe na bimwe zishyurwa amafaranga kubera akazi bakora igihe bari muri gereza.