Magingo aya M23 yarangije kugenzura umusozi wa Buragira uri muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru.
Uyu ni umusozi w'ingenzi kuko ari wo indege zose zishaka kugwa i Goma zibanza gukatiraho, bikaba bisobanuye ko M23 izaba igenzura indege zose zigwa i Goma ikaba yanazihanura ibishatse.
M23 yigaruriye kariya gace nyuma y’utundi two muri Kalehe nka Lumbishi na Bitonga yigaruriye mu mpera z’icyumweru gishize.
Amakuru aturuka muri Congo aremeza ko ifatwa rya Buragira biraza korohera M23 gufata Minova kuko FARDC yatangiye kuhahunga.
Minova ifatwa ryayo bizaba bivuze ko inzira ihuza Goma na Bukavu yaba ifunzwe burundu.
Ni mu gihe kandi M23 ikigenzura imisozi ikikije Sake ibiyiha uburenganzira bwo kugenzura inzira zijya i Goma
