Icyamamare Berlusconi yitabye Imana ku myaka  86

Icyamamare Berlusconi yitabye Imana ku myaka 86

 Jun 12, 2023 - 08:29

Uwahoze ari Perezida w'ikipe ya AC Milan, akaba na Minisitiri w'intebe w'Ubutariyani, yitabye Imana.

Berlusconi, yinjije umutungo nyuma yo gushinga isosiyete nini y’itangazamakuru mu Butaliyani, yari arwaye leukemia kandi aherutse kwandura ibihaha. Yapfiriye mu bitaro bya San Raffaele i Milan.

Uyu mugabo wahoze ari Minisitiri w’intebe yahuye n’ubuzima butandukanye mu myaka yashize, harimo kanseri ya prostate, indwara z'umutima ndetse no kujya mu bitaro bya hato na hato kubera Covid-19 mu 2020.

Berlusconi yitabye Imana ku myaka 86

Ku wa Gatanu, yongeye koherezwa mu bitaro bimwe i Milan aho aherutse kumara hafi ibyumweru bitandatu kugira ngo avurwe n'indwara y'ibihaha. Abaganga bavuze ko arwaye myelomonocytic leukemia idakira, ubwoko bwa kanseri y'amaraso idasanzwe.

Umuganga we bwite Dr. Alberto Zangrillo yari yavuze ko gusuzuma indwara y'ibihaha bifitanye isano na leukemia.

Minisitiri w’ingabo w’Ubutaliyani, Guido Crosetto, yatangaje akababaro  gakabije, kubera amakuru y’urupfu rwe.

Yanditse ati: "Asize icyuho kinini, kuko yari umuntu ukomeye. Ni iherezo ry'ibihe, isozwa ry'ibihe. Namukundaga cyane. Urabeho Silvio.”

Berlusconi yagiye arangwa n'ibirego byo gusambanya abana

Imyaka mike ishize mu kazi gakomeye mu gihugu yaranzwe n’ibirego bya ruswa n’ibirego by'ubusambanyi mu mujyi wa Milan.

Yashinjwaga gusamabana n’umukobwa w’imyaka 17 w’umubyinnyi uzwi ku izina rya Ruby the Heartstealer ariko yagizwe umwere mu bujurire mu 2014.

Berlusconi yakoze izina rye kandi igice kinini cy'umutungo we utangirana n'ubucuruzi bwe mu myaka ya za 1980. Yabaye umunyamigabane wagenzuraga ibitangazamakuru byo mu Butaliyani, kandi yari afite ikipe y’umupira w’amaguru ya  AC Milan kuva 1986 kugeza 2017.

Uyu mutunzi yahamijwe icyaha cyo kunyereza imisoro mu mwaka wa 2012, akatirwa igifungo cy’imyaka ine, nyuma iza kujyirwa umwe. Muri 2019 yongeye kugaruka bitunguranye muri politiki, yegukana umwanya mu nteko ishinga amategeko y’Uburayi.

Berlusconi yamenyekanye nk'umwe mu baherwe bakomeye mu Butariyani 

Kuri uyu wa Mbere, Matteo Renzi wahoze ari Minisitiri, na we yavuze ku bigwi bya Berlusconi. "Silvio Berlusconi yakoze amateka muri iki gihugu. Benshi baramukundaga, benshi baramwanga. Ariko, bose bagomba kumenya ingaruka yagize ku mibereho ya politiki, ariko no mu bukungu, siporo no kuri za tereviziyo.