Abanyamategeko ba Davido mu rubanza yarezwemo na kompanyi ya Brownhill Investments Company Limited ihagarariwe na Amaju Pinnick wari umuyobozi w'ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru muri Nigeria, bavuze ko iyi kompanyi yihutiye kujyana ikirego mu rukiko bataramenyesha Davido ngo abishyure mu buryo bw'inyandiko.
Byose byatangiye Amaju Pinnick atangaza ko yahaye amafaranga Davido ngo azaze kuririmba mu gitaramo bise 'Warri Again Concert', ariko ngo undi arabatenguha ku munota wa nyuma ntiyaza kandi yarahawe amafaranga, ibyatumye bakusanya ibimenye bakajya mu rukiko.

Davido ari gukurubanwa mu rukiko na Amaju Pinnick
Ku wa Gatatu tariki ya 29 Ugushyingo, nibwo abanyamategeko ba Davido babwiye urukiko Rukuru rwo muri Leta ya Delta muri Nigeria mu gace ka Effurun ko iyi kompanyi ya Brownhill Investments Company Limited itigeze yandika ibaruwa yemewe n'amategeko isaba ko yasubizwa amafaranga yatanze kuri Davido, ahubwo ngo bo bahise birukira mu rukiko.
Chukwuebuka Atusiuba umunyamategeko wa Davido, akaba yanatangaje ko urwo rukiko rudafite n'ubushobozi bwo guca urwo rubanza. Ni mu gihe be iyi kompanyi yo yabwiye urukiko uko byagenze ngo Davido ahabwe amafaranga na Amaju Pinnick, bikarangira yanze kwitabira.
