UCL Final:Mohamed Salah yananiwe kwihorera yongera gutsiburwa na Real Madrid

UCL Final:Mohamed Salah yananiwe kwihorera yongera gutsiburwa na Real Madrid

 May 28, 2022 - 17:27

Real Madrid yegukanye igikombe cya 14 cya UEFA Champions league itsinze Liverpool yari yarahiriye kwihorera.

Wari umukino wa nyuma wa UEFA Champions league wabereye mu Bufaransa kuri Stade de France. Umukino watinzeho iminota isaga 40 yose bitewe n'abafana bateje akavuyo ku miryango aho byabaye ngombwa ko police inakoresha ibyuka biryana mu maso ngo ibashe kubaturisha.

Liverpool yihariye cyane igice cya mbere aho Real Madrid yakinaga yugarira cyane. Liverpool yagerageje gushaka igitego mu gice cya mbere ariko amahirwe ntiyayisekera, dore ko hari n'umupira Sadio Mane yarekuye ugakubita ipoto.

Ubwo igice cya mbere cyarimo kigana ku musozo Karim Benzema yaboneye Real Madrid igitego, ariko hifashishijwe VAR umusifuzi yemeza ko Benzema yari yaraririye.

Mu gice cya kabiri Real Madrid yahinduye uburyo bw'imikinire itangira kwataka cyane ndetse ntibyatinda Vinicius Junior atsinda igitego ku munota wa 59 nyuma y'umupira wari uhinduwe na Federico Valverde.

Real Madrid yatwinze Liverpoolyegukana igikombe

Real Madrid yari imaze gufata irangi yakomeje kugariza Liverpool ari nako Liverpool nayo ikanguka ishaka igitego cyo kwishyura, dore ko yatangiye igice cya kabiri isa n'iyasinziriye.

Iki gitego kimwe nicyo cyatumye Real Madrid isoza umukino itsinze Liverpool, ikaba yongeye kuyisubira nyuma yo kuyitsinda ku mukino wa nyuma mu 2018.

Real Madrid yatwaye igikombe cya 14 cya UEFA Champions league ikaba irusha AC Milan ibikombe birindwi, ikaba ariyo kipe iyigwa mu ntege mu kugira ibi bikombe.