Sinach yajyanwe mu nkiko

Sinach yajyanwe mu nkiko

 Nov 28, 2024 - 17:12

Umuhanzikazi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Sinach, yajyanwe mu nkiko ashinjwa n'umu-producer uvuga ko yamwambuye uburenganzira ku ndirimbo 'Way Maker' yabaye ikimenyabose.

Mu kirego gifite nimero 'FHC/L/CS/402/2024' cyabonywe n'ikinyamakuru Daily Post, kivuga ko Sinach yarezwe n'umu-producer witwa Michael Oluwole wamamaye nka Maye.

Muri iki kirego, uyu mu-producer yavuze ko Sinach yamwambuye uburenganzira kuri iyi ndirimbo yagiye hanze mu 2016, akaba asaba ko yasubizwa uburenganzira bwe.

Yavuze ko iyi ndirimbo ayifatanyije na Sinach, akaba yifuza ko yayihabwaho uburenganzira nk'umuntu wayanditse ndetse akishyurwa arenga miliyari 4.1 Frw nk'indishyi y'akababaro.

Icyakora Sinach we ibi byose arabihakana, akavuga ko iyi ndirimbo ari iye ku giti cye ndetse ari we wayiyandikiye.

Byari biteganyijwe ko uru rubanza rutangira kuburanishwa ku wa Gatatu w'iki cyumweru i Lagos muri Nigeria, gusa habayeho impinduka barwimurira tariki 29 na 30  Mutarama 2024.