Ku munsi w’ejo hashize, tariki ya 4 Kamena 2024, umuhanzi w’umunyamerika Sean Kingston yafatiwe ku cyambu kubera ibirego ashinjwa harimo no kwiba ibintu bifite agaciro ka miliyoni imwe y’amadorari ni ukuvuga arenga miliyari n’igice mu manyarwanda.
Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje uyu muhanzi ari guhatwa ibibazo mu gace ka Broward, Floride muri Amerika, ashinjwa ubujura bivugwa ko yakoranye na nyina.
Uyu muraperi yatawe muri yombi nyuma y’iminsi mike nyina Jernice Turner w’imyaka 61 na we atawe muri yombi, nyina wa Kingston yatawe muri yombi ku ya 23 Gicurasi uyu mwaka, afatiwe mu rugo rw’umuhungu we mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Floride.
Nk’uko ubushinjacyaha bwabitangaje, Kingston na nyina bashinjwa kwiba ibintu bitandukanye bifite agaciro ka arenga miliyari n’igice y’amanyarwanda. Mubyo bashinjwa kwiba harimo amabuye y’agaciro n'amafaranga ava mu kigo cya Escalade na Bank Of America.
Bivugwa kandi ko bakoze ubujura muri banki yitwa First Republic, ndetse bakanambura umuntu wabahurishijeho ibikoresho byo mu nzu.
Icyakora, amakuru mashya avuga ko mukanya kashize amaze gufungurwa atanze amadorari imihumbi 100, ni ukuvuga arenga miliyari 100 mu mafaranga y'u Rwanda.
