M23 yakubise inshuro FARDC

M23 yakubise inshuro FARDC

 Aug 3, 2024 - 06:31

Kuri uyu wa Gatanu umutwe wa M23 watsinze ingabo za DR-Congo FARDC muri Terirwari ya Rutshuru yigarurira ibice byinshi nyuma y'imirwano ikarishye.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 02 Kanama 2024 ubwo byari umunsi wa nyuma wa gahenge hagati y'umutwe witwaje intwaro wa M23 n'ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC, uyu mutwe wahise wigarurira ibindi bice.

Imirwano yo kuri uyu wa Gatanu ikaba yarasakiranyije impande zombi muri Teritwari ya Rutshuru mu bice bya Katwiguro, Kinyandinyi, Nyabanira ndetse Giseguru, byumwihariko ibi bice bikaba byaragenzurwaga n'imitwe irimo Wazalendo ikorana na Leta.

Nyuma y'imirwano ikarishye yabaye mu gitondo cyo ku wa Gatanu, byarangiye M23 ibashize gufata ibice bya Nyabanira na Ngwenda byo muri gurupoma ya Binza muri Terirwari ya Rutshuru.

Andi makuru uturuka mu burasirazuba bwa Congo kandi, aremeza ko iyi M23 irimo no kugenzura uduce twa Kiseguro, Kasave, Nyakahanga na Katwiguro two muri Rutshuru n'ubundi.

M23 yafashe ibi bice, mu gihe hari hashize iminsi habaye inama yahuje abakuru ba dipolomasi y'u Rwanda na DR-Congo yanzuye ko ku wa 04 Kanama 2024 imirwano izahagarara hagati y'impande zombi, nubwo M23 yateye utwatsi ibyavuye muri iyi nama ivuga ko utigeze itumirwa muri ibyo biganiro byabereye muri Angola.