Jay-Z agiye kugura ikipe ikomeye ku Isi

Jay-Z agiye kugura ikipe ikomeye ku Isi

 Sep 16, 2024 - 20:47

Umuraperi akaba na rwiyemezamirimo uri mu bakomeye ku Isi, Jay-Z, biravugwa ko yaba agiye kugura imwe mu makipe akomeye mu mupira w’amaguru ku Isi, aho azaba ayifatanyije n’umuherwe wo muri Amerika witwa John Textor.

Nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye bikora kuri siporo no mu myidagaduro birimo BBC, The Sun n’ibindi bitandukanye, biravuga ko umuraperi Jay-Z yaba agiye gufatanya n’umuherwe witwa John Textor bakagura ikipe ya Everton.

Biravugwa ko uyu muherwe ari we wegereye Jay-Z amusaba ko yaza bagafatanya kugura iyi kipe ya Evaton, ndetse kuri ubu ibiganiro bikaba bigeze kure hagati y’impande zombi nk’uko bikomeje kuvugwa mu bitangazamakuru bigiye bitandukanye muri Amerika no mu Bwongereza.

Uyu muherwe akaba yari asanzwe ari we ufite imigabane myinshi ingana na 45% mu ikipe ya Crystal Palace nayo iri muzikomeye mu mupira w’amaguru, gusa uyu mushoramari yahishuye ko byaba byiza aguze na Everton ariko akayifatanya na Jay-Z.

Icyakora n’ubwo John ashaka gufatanya izi kipe zombi, amategeko ya Premire Legue yo avuga ko kugira ngo agure Evaton agomba kubanza kugurisha imigabane yose ingana na 45% afite muri Crystal Palace.

Nubwo Jay-Z ari umuraperi, gusa ni umuntu ukunda umupra w’amaguru cyane ku buryo yahoze atekereza ko azashora imari mu ikipe ya Arsenal nubwo kugeza ubu bitarabasha gukunda, ndetse no muri Nyakanga 2023 byavuzwe ko yashakaga gushora imari muri Tottenham Hotspur, aho byavugwaga ko agiye gushoramo akayabo kangana na $2,500,000,000, ni ukuvuga arenda miliyaridi 3.350 Frw.