Afro Nation yarangije gusubikwa

Afro Nation yarangije gusubikwa

 Nov 2, 2023 - 11:26

Nigeria yarangije kwamburwa kwakira iserukiramuco rya 'Afro Nation' ryari ritegerejwe mu mpereza z'umwaka.

Abategura iserukiramuco rigari mu isi rya 'Afro Nation festival' barangije gutangaza ko Nigeria itazakira iry'uyu mwaka ryari ritegerejwe ku wa 19-20 Ukuboza. Nyamara rero, muri Nzeri nibwo abategura iri serukiramuco bari bemeje ko Nigeria yiteguye kwakira abazitabira ibi birori bya afrobeats.

Iserukiramuco rya Afro Nation rikaba ari iserukiramuco riba buri mwaka rigahuza abahanzi bo muri Afurika baba mu bihugu bitandukanye, aho ryitabirwa n'abahanzi bo mu njyana zirimo: Afrobeats, Hip hop, RnB, Dancehall ndetse na Amapiano.

Afro Nation ikaba yaratangiye mu 2019 aho uyu mwaka yari kuzabera i 'Tafawa Balewa Square' i Logos. Ni mu gihe iyaherukaga yabereye muri Portugal. Smade watangije iri serukiramuco akaba no mubaritegura, yemeje ko Nigeria ititeguye kwakira irikurikira.

Yagize ati " Afro Nation yari itegerejwe kubera muri Nigeria i Lagos, ntabwo ikihabereye. Abaritegura basanze hari ibintu bitari kumurongo kandi bitujuje ubuziranenge. Ntabwo rero twafata umwanzuro wo kuzana ibirori nk'ibi muri Nigeria mu Ukuboza 2023 kandi ibintu bitameze neza."

" Dushobora kwerekeza iri serukiramuco muri Portugal, Ghana, Puerto Rico, Miami ndetse na Detroit, ariko aka kanya Nigeria ntabwo yiteguye kwakira ibi birori uyu mwaka. Abaguze amatike baraza gusubizwa amafaranga kandi tubabajwe nuko uyu mwaka tutazashobora kwakira iri serukiramuco i Lagos."