Babiri bahoze ari abantu ba hafi b’uwahoze ari Perezida wa Amerika Donald Trump bahakanye bigaramye ibyo baregwa byose mu rukiko rwa Maricopa muri Arizona.
Aba bombi bakurikiranyweho kunyereza ibyavuye mu matora yo muri 2020 muri Arizona, uwahoze ari umuyobozi mukuru w’abakozi ba Trump, Mark Meadows, na Mike Roman wari ushinzwe ibikorwa byose bya Trump ku munsi w’amatora, bakurikiranyweho ibyaha 9 birimo ubugambanyi n’ubutekamutwe, gusa ku munsi w’ejo bahakanye ibyo byaha byose.
Abo bagabo batangiye kuburana nyuma y'iminsi mike na shebuja Donald Trump ahamijwe ibyaha 34 birimo n'uburiganya.
