A$AP Rocky yateye utwatsi ibyaha byose ashinjwa

A$AP Rocky yateye utwatsi ibyaha byose ashinjwa

 Jan 10, 2024 - 19:34

Umuraperi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akaba n'umugabo wa Rihanna, Rakim Athelaston Mayers wamenyekanye nka A$AP Rocky, yahakanye ibirego byose ashinjwa birimo n'urugomo.

Nyuma yuko akurikiranyweho  ibyaha bibiri, harimo kimwe cy’urugomo kuri  umwe mu bakozi bo mu itsinda rye “ASAP Relli” akoresheje imbunda, umuraperi Asap Rocky yahakanye ibyo aregwa byose avuga ko ari umwere.

A$AP Rocky n'abahagarariye bahakanye ibyo aregwa

Byongeye kandi, uwunganira A$AP, Joe Tacopia, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, na we yasobanuye ko uyu muraperi, akaba n’umugabo w’umuhanzikazi Rihanna ari umwere, kandi ko bitazatinda kugaragara.

Bavuga ko uru rugomo A$AP Rocky ashinjwa rwabaye ku ya 6 Ugushyingo 2021, hanze ya hoteri ya 'W', muri Hollywood.