Leta ya Georgia muri Leta Zunze Ubumwe z'Amarika yatumiye umuhanzi David Adedeji Adeleke uzwi nka Davido mu nama y'inteko rusange mu Nteko Nshingamateko, nk'umuturage w'icyamamare' muri iyo Leta, mu buryo bwo kumuha icyubahiro.
Uyu muhanzi akaba yari yitabiriye iyi nama y'inteko rusange kuri uyu wa 01 Ukuboza 2023, anafite ibaruwaa y'ubutumire yari yahawe. Mu butumwa Davido yashyize ku rukuta rwe rwa X, akaba yashyizeho ibaruwa bamuhaye, ndetse n'amashusho ari guhabwa ikaze mu Nteko.

Umuhanzi Davido yahawe ubutumire mu Nteko Nshingamateko muri Leta ya Georgia
Mu baruwa yari yashyizweho umukono na Brad Raffensperger umunyamabanga wa Leta Georgia, akaba yari yanditse ko Davido ari umuturage w'icyamamare ugomba kuba ambasaderi w'iyi Leta mu zindi Leta zo muri Leta zo muri Amerika mu gihe yagiye yo, ndetse no mu bindi bihugu. Ndetse kandi, bakaba baranamushimiye uruhare rwe muri iyo Leta.
THE CHOICE LIVE iributsa ko Davido yahawe umunsi wa tariki ya 07 Nyakanga buri mwaka mu mugi wa Houston nk'umunsi we wihariye. Ni mu gihe kandi no muri Atlanta nabo baheruka kumuha tariki ya 18 Ugushyingo nk'umunsi we "Davido Day'.
Davido akaba yaravukiye Atlanta, Georgia muri Leta Zunze Ubumwe z'Amarika ku wa 21 Ugushyingo 1992, aza gukurira i Lagos muri Nigeria, kugera abaye umunyamuziki w'ikirangirire ku ruhando mpuzamahanga.
Davido yahawe ubutumire bwihariye mu Nteko Nshingamateko muri Leta ya Georgia
— the choice_live (@thechoice_live) December 2, 2023
Inkuru irambuye kuri https://t.co/LHm4RwvDjJ pic.twitter.com/owjGKB0IK3
